

U Bushinwa burasaba kohereza ingabo 500 muri Mali
Mu gihe ibitero by’inyeshyamba zigendera ku mahame ya Kisilamu bikomeje muri Mali, u Bushinwa bwasabye ko bwohereza ingabo zabwo 500 muri Mali, zaba ari ingabo nshya zakwivanga n’iza MINUSMA zingana zigera kuri 12,600.
Jeune Afrique yanditse ko izo ngabo z’u bushinwa zagira iruhare rukomeye mu bikorwa byo kubumbatira amahoro by’Umuryango w’Abibumbye, nk’uko byatangajwe n’abahagarariye u Bushinwa mu Muryango w’Abibumbye i New York.
Icyemezo cy’u Bushinwa cyo kohereza izo ngabo cyakiriwe nk’aho u bushinwa bushaka koroshya umwuka hagati yabwo n’ibihugu by’i Burayi ku birebana na Syria, cyangwa nanone nk’ikimenyetso ku mugabane w’Afurika bufitanye umubano cyane mu bucuruzi byagiranye nyuma y’ubukoloni nk’uko bamwe mu badipolomate n’abasesenguzi babivuze.
Abasirikare ba Afurika bagera ku 6,500 baturuka mu bihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika na Tchad, bari mu gihugu cya Mali kandi bagomba kwivanga n’aba MINUSMA.
U Bufaransa bwagize uruhare muri Mali mu kurwanya inyeshyamba muri Mutarama, bwizera ko buzashyikiriza ububasha izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye muri Nyakanga.
Mu 1971, ubwo Ubushinwa bwinjiraga mu Muryango w’Abibumbye, bwamaganaga ibikorwa byawo byo kubumbatira amahoro, kuko bwabifataga nko kwivanga kudafite impamvu. Ariko Pékin yaje gutanga abasirikare bayo ba mbere mu 1992.
Ubushinwa bufite ingabo 2,000 mu ngabo z’Umuryango w’Abibumbye. Abenshi muri bo bari muri Afurika. Mu bikorwa icyenda u Bushinwa bugiramo uruhare, bitandatuu bibera muri Afurika, bishatse kuvuga ko ubwo hari abarenga 1,500. Abenshi bari muri Congo (MINUSCO), i Darfour (UNAMID), muri Liberia (UNMIL) no muri Sudani y’Epfo (UNMISS).
Umuhanga mu majwi yemeje ko indirimbo Rwandair yakoresheje ari iya Kayirebwa
Umuhanzi Cecile Kayirebwa ararega indishyi zirenga miliyoni ijana Sosiyete y’indege itwara abantu n’ibintu Rwandair kuba yarakoresheje indirimbo ye mu butumwa bwamamaza itabimusabiye uburenganzira.
Kuri uyu wa Kane tariki ya 23 Gicurasi 2013, umuhanga mu byo gutunganya amajwi yemeje mu rukiko rukuru rw’ubucuruzi rw’i Nyamirambo ko indirimbo yakoreshejwe muri aya mashusho yo kwamamaza ari iyitwa ‘Inzozi’ ya Cecile Kayirebwa.
Uyu muhanga yashatswe n’urukiko ngo yemeze niba koko iyi ndirimbo yakoreshejwe muri ubu butumwa bwo kwamamaza ari iya Cecile Kayirebwa nyuma y’aho abunganira Rwandair bavugaga ko nta cyemeza ko iyi ndirimbo ari iye.
Iyi raporo ikaba ari yo yari itegerejwe ngo uru rubanza rwahoraga rusubikwa rukomeze.
Amakuru dukesha KFM avuga ko uburanira umuhanzi Kayirebwa, Me Safari Kizito, avuga ko urukiko rukwiye guhita rushingira kuri iyi raporo maze rugafata umwanzuro w’uko Kayirebwa atsinze naho Rwandair itsinzwe.
Gusa uburanira Rwandair, Me Bonifasi Nizeyimana, we anenga iyi raporo avuga ko itujuje ibisabwa ngo yitwe raporo y’umuhanga kuko itagaragaza ibyagendeweho ngo hagaragazwe ko koko iyi ndirimbo yakoreshejwe ari iya Kayirebwa.
Umwanzuro w’urukiko uzamenyekana kuri uyu wa 26 Kamena 2013.
Kayirebwa aherutse kandi gutsinda ibitangazamakuru bitandatu birimo na Orinfor, yareze mu nkiko ko byakoresheje ibihangano bye nta burenganzira.
Ibi bitangazamakuru byasabwe kumwishyura byose hamwe amafaranga angana na miliyoni 8,6 y’u Rwanda.
Nigeria : Pasiteri Oyedepo arashaka kuzashinga kaminuza mu Rwanda
Umupasiteri akaba n’Umuyobozi w’icyubahiro wa Kaminuza ya Covenant University yo muri Nigeria, David Oyedepo yemeye kuzajya aha buruse abanyeshuli b’Abanyarwanda no gufungura ishuli ryisumbuye na Kaminuza mu Rwanda mu gihe kizaza.
Bishop David Oyedebo yabyemereye Ambasaderi w’u Rwanda muri Nigeria Joseph Habineza nyuma y’uruzinduko Habineza yagiriye aho uyu mupasiteri akorera muri Leta ya Ogun muri Nigeria.
Mu kiganiro na IGIHE, Ambasaderi Joseph Habineza yagize ati “Ni byo koko Bishop Oyedepo yemeye kuzajya aha Buruse abana b’Abanyarwanda guhera uyu mwaka w’amashuri 2013/2014. Yabimbwiye ubwo nari nagiye gusura aho akorera Canaan Land, hari na University yashinze yitwa Covenant University i Ota muri Ogun State.”
Ambasaderi Habineza avuga ko nta mubare bemeranyijweho ariko mu minsi ya vuba uzamenyekana.
Yongeraho ko Bishop Oyedepo yemeye kuzashinga ishuri ryisumbuye mu Rwanda vuba aha, mu myaka iri mbere akazahashyira ishami rya kaminuza Campus ya Covenant.
Oyedepo avuga ko gutanga izo buruse ku banyeshuli b’Abanyarwanda bazajya baba bazitsindiye, biri muri gahunda yo gutanga uruhare rwe mu iterambere ry’igihugu cyashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Avuga ko Ambasaderi Habineza yamumenyesheje ko kuva Jenoside yarangira, igihugu kiyobowe na Perezida Paul Kagame cyakoze ibishoboka byoshe mu gutanga uburezi kuri bose, harimo uburezi bw’imyaka icyenda.
Oyedepo washimishijwe no kumva ibijyanye n’iterambere ry’u Rwanda yaboneyeho umwanya yibutsa ko nta gihugu cyatera imbere hatabayeho iterambere mu burezi.
Bishop David Oyedepo ni umwe mu bayobozi b’amadini ukomeye mu gihugu cya Nigeria, akaba afite itorero ryitwa Living Faith International Ministries.
Ubu iryo torero rifite amashuli abanza, ayisumbuye na Kaminuza yitwa Covenant mu muyji wa Ota muri leta ya Ogun muri Nigeria.
USA : Perezida Obama yongeye gusezeranya gufunga gereza ya Guantanamo
Mu ijambo yagejeje kubo muri kaminuza y’igihugu y’ingabo kuri uyu wa kane tariki ya 23 Gicurasi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama yatangaje ingamba nshya ku birebana na gereza ya Guantanamo yavuzweho n’Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ibikorwa by’iyicarubozo.
Nk’uko tubikesha Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa RFI, Perezida Barack Obama yatangaje isinywa ry’ubwumvikane bwo kohereza imfungwa ziri muri gereza ya Guantanamo mu bihugu zikomokamo,.
Obama yagize ati "Nta kintu na kimwe politike ivuze kuko Kongere ikomeje kutubuza gufunga gereza itaragombaga gufungurwa. Nasabye Minisiteri y’Ingabo guhitamo ahantu muri Amerika hashobora kuzahurirwa na komisiyo y’ingabo. Nashyizeho intumwa idasanzwe muri Minisiteri y’ingabo izaba ishinzwe gusa kwakira imfungwa zoherezwa mu buhigu byazo."
Perezida Obama kandi yanatangaje ikurwaho ry’igihe cyo kohereza imfungwa muri Yémen, kugira ngo babashe gusuzuma dosiye zabo, imwe ku yindi.
Gutangaza ibi bikaba byakiriwe neza ku mugoroba wo kuwa kane na Yémen. Ku bantu 166 bafungiye muri gereza ya Guantanamo, 86 barimo koherezwa ahandi kandi muri bo, 56 ni Abanyayemeni.
Obama yatangaje ko nibiba ngombwa hari imfungwa bazohereza mu butabera kandi ko mbere yo kuzohereza bazabanza kongera gusuzuma dosiye zabo.
Peresida Obama mu mwaka 2007 yari yasezeranyije kandi kuzafunga iyi gereza ariko kugeza ubu ntirafungwa.
Usibye ibya gereza ya Guantanamo, Perezida Obama yatangaje ko ashaka kuvugurura ikoreshwa ry’indege zidafite abapilote mu kurwanywa abakora ibikorwa by’iterabwoba, kuko rimwe na rimwe zihitana inzirakarengane z’abasivili, nk’umukuru w’ingabo yavuze ko bagomba kwita ku buryo bwakoreshwa bugasimbura ubw’indege zidafite abapilote.
Perezida Kagame yakiriye mu biro bye Ban Ki-Moon na Dr Kim Yong Jim
Mu ruzinduko barimo muri aka karere, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye Ban Ki-Moon na Perezida wa Banki y’Isi Dr Kim Yong Jim, kuri uyu wa Kane nibwo basesekaye i Kigali aho ku mugoroba bakiriwe na Perezida Kagame muri Village Urugwiro, akaba yabashimiye iby’uru rugendo asanga ruzagira akamaro mu gushaka amahoro n’umutekano birambye mu Karere.
Mu biganiro bagiranye muri Village Urugwiro, ahari n’abandi bayobozi bo mu nzego zo hejuru muri guverinoma y’u Rwanda, Perezida Kagame yashimiye Umunyamabanga Mukuru wa Loni Ban Ki-Moon ku kuba yaragize uruhare rukomeye mu gikorwa cy’ubufatanye u Rwanda rwashyigikiye byimazeyo ndetse n’amasezerano y’amahoro ariyo shingiro ry’umugambi mushya uganisha ku ituze n’iterambere mu Karere.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni Ban Ki Moon yashimye imiyoborere ya Perezida Kagame ndetse n’imbaraga ashyira mu iterambere ry’akarere, by’umwihariko iry’u Rwanda, ndetse no kuba u Rwanda rugeze kure mu kugera ku ntego z’ikinyagihumbi.
Yagize ati ; “Perezida Kagame amaze igihe akora ndetse ayobora akanama gashinzwe gukora ubuvugizi ku ntego z’ikinyagihumbi afatanyije na Minisitiri w’Intebe wa Australia. Ndizera ko ibihugu byinshi byo muri Afurika bizigana ibyo u Rwanda ruri gukora. Ndagushimiye byimazeyo Perezida ku ruhare wagize mu guteza imbere uburinganire. U Rwanda rwabaye intangarugero rugira 56% by’abagore muri guverinoma – aho rurusha ibindi bihugu ku isi.”
Dr Jim Kim yashimye imigendekere ya gahunda yo gusubiza mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero, by’umwihariko umushinga wo kubakira amazu abamugariye ku rugamba yasuye nyuma gato y’uko agera mu mujyi wa Kigali. Uyu muyobozi wa Banki y’Iyi yavuze ko Isange One-Stop Center yihariye kandi ari intangarugero.
Yavuze ko Banki y’Isi yifuza gushora imari mu bikorwa biganisha ku iterambere mu karere, by’umwihariko mu birebana n’ingufu, ubuhinzi ndetse n’ubuhahirane kuburyo bishobora kugirira akamaro abaturage bo mu karere k’Ibiyaga Bigari.
Umuyobozi wa Banki y’Isi yagize ati “Turajwe ishinga no gushaka amahoro n’umutekano. Ni yo mpamvu twiyiziye hano ntitwategereza – twigereye I Goma n’ubwo hari imirwano – iki ni igihe cyo guha abantu icyizere.”
Bakigera mu Rwanda, Umunyamabanga Mukuru wa Loni n’Umuyobozi wa Banki y’Isi basuye ndetse banihera ijisho ibikorwa bitandukanye by’Ikigo gishinzwe gusubizo mu buzima busanzwe abavuye ku rugerero, basuye kandi Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzerakarengane zihashyinguye, nyuma banashyira ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa ikigo gishya kizarwanya ihohoterwa rikorerwa abagore ndetse no gukemura amakimbirane ku rwego rw’Afurika kizaba giherere ku cyicaro gikuru cya Polisi y’Igihugu Kacyiru.
Ban Ki-Moon na Dr Jim Kim basuye u Rwanda baturutse muri Congo Kinshasa aho babonanye n’abayobozi batandukanye bo muri icyo gihugu. Uru ruzinduko barimo ruzabageza kandi muri Mozambique, Uganda na Ethiopia aho bazitabira iyizihizwa ry’imyaka 50 umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe umaze ushinzwe.
Y’inkongi y’umuriro mujyi wa Kigali.
Mu gihe hirya no hino mu Rwanda hakomeje kumvikana inkongi z’imiriro, akabari gaherereye mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicukiro kazwi ku izina rya New Bandal, ibifite agaciro ka miliyoni 18 byahatikiriye.
Mu masaha ashyira saa kumi z’umugoroba wo kuri uyu wa mbere, mu mujyi wa Kigali hongeye kugaragara inkongi y’umuriro maze yibasira akabari kazwi ku izina rya New Bandal gaherereye mu kagali ka Nyakabanda mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicukiro, ni muri metero zisaga 100 uvuye kuri Alpha Palace Hotel. Ubwo aka kabari karimo gashya ku muhanda ugana Rwandex ujya mu mujyi abantu bari bahuruye ari benshi, ari na ko amazu ari imbere y’akabari kashyaga basohoraga ibicuruzwa byabo byiganjemo inzoga basanzwe bacuruza, intebe amafrigo n’ibindi.
Bamwe mu bakora muri new bandal yibasiwe n’inkongi y’umuriro baganira n’Igihe TV bayitangarije ko intandaro yoya ari Television yari iri hejuru ya frigo yaturitse, bityo na frigo na yo igahita ifatwa n’umuriro. Mu gikari cy’akabari New bandal, hari amahema n’amabingaro yarasakaje ibyatsi ibi na byo bikaba byabaye intandaro y’ubukana bw’umuriro, gusa ubutabazi bwakozwe na fire brigade nta cyo bwabashije kuramira, dore ko hatikiriyemo ibintu bifite agaciro ka miliyoni zisaga cumi n’umunani nk’uko Jean Pierre Sibomana wakodeshaga aka kabari yabitangarije Igihe TV.
Tubabwire ko aka kabari gahiye mu gihe mu ntara y’amajyepfo ku kigo cy’amashuri yisumbuye ya Byimana yongeye kwibasirwa n’inkongi y’umuriro.
Africa Digital Media Academy riherutse kwegukana ku rwego mpuzamahanga.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga Nsengimana Philbert amurikira abanyamakuru igikombe ishuri Africa Digital Media Academy riherutse kwegukana ku rwego mpuzamahanga.

Bruce Melodie yagiranye amasezerano y’umwaka na ‘Super Level’
Bruce Melodie umuhanzi umaze kwigaragaza cyane mu njyana ya R&B, kuri ubu yaba amaze kugirana amasezerano angina n’umwaka akorana n’inzu itunganya ibihangano “Studio” yitwa “Super Level”. Kimwe mu byatumye Bruce Melodie yerekeza muri iyo studio, ni uko ashaka kurushaho gukorana n’abahanzi benshi bakorera muri “Super Level”.
Aganira na IGIHE, Melodie yagize ati : “Imwe mu mpamvu yatumye ngirana amasezerano angina n’igihe cy’umwaka na studio ya “Super Level”, ni uko nshaka kwagura ibihangano byanjye kandi nkanarushaho guha abakunzi banjye ibintu bifite ireme, ntibivuze ko aho nakoreraga hari icyo nababuranye, oya rwose ni uko nshaka kuba nakorera ahandi”.
Emmy yashyize hanze indirimbo ya mbere kuva yagera muri Amerika
Nsengiyumva Emmanuel uzwi cyane ku izina rya Emmy, kuri ubu nyuma y’aho yerekeje muri Leta Zunze Umwe z’Amerika aho yajyanye n’abavandimwe be ndetse na Se umubyara, yashyize hanze indirimbo ye ya mbere kuva ageze muri USA.
Aganira na IGIHE, Emmy yagize ati : “Iyi ndirimbo nyituye abakunzi banjye cyane badahwema kunyereka ko bankumbuye, nkanayitura abanyarwanda bose muri rusange bakunda muzika nyarwanda, maze kubazwa ibibazo byinshi kuri iyi ndirimbo kuva aho nayishyiriye hanze, ndabazwa ko ubutumwa buyirimo arinjye wivuga, gusa siko bimeze kuko nagize “Inganzo” nk’umuhanzi numva ngomba gukora iyi ndirimbo”.
Ikintu cya mbere Emmy akumbuye mu Rwanda, ni inshuti ze, akongeraho ibiribwa birimo : Capati, Akabenz, ndetse n’inzoga yitwa Guiness uvanzemo Coca.
Emmy atuye mu mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika iyo ndirimbo ikaba yakozwe Licklick.
Umuhanzi Ja Rule yavuye mu gihome
Ja Rule umuhanzi w’umunyamerika uririmba hip hop, yafunguwe nyuma y’aho akatiwe gufungwa imyaka ibiri azira gutunga imbunda bitemewe n’amategeko no kutishyura imisoro. N’ubwo yavuye muri gereza igihano cye cyari kitararangira ,amezi abiri asigaye azayafugirwa mu rugo iwe.
Ja rule cyangwa Jeffery Atkins mu mazina ye bwite ‘yavukiye mu mugi wa New York mu w’1976 ,yamenyekanye cyane mu myaka y’ibihumbi bibiri ubwo yasohoraga indirimbo nyinshi zikajya muri makumyabiri zambere kuri billboard .
Zimwe mu ndirimbo ze zamenyekanye ni Holla Holla , Between me and you afatanyije na Christina Milian,na Always on Time aho yari kumwe na Ashanti.
Umuhanzi Nsabimana Olivier arakangurira urubyiruko gukunda Imana
Nsabimana Olivier ni umuririmbyi w’ indirimbo z’Imana ndetse akaba n’umunyamakuru kuri Radio Authentic.
Mu kiganiro gito yagiranye n’Igihe TV arahamagarira urubyiruko gukunda Imana no kuva mu bintu bitayihesha agaciro. Aboneraho kandi no gutangaza ko yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye « Ntararenga inkombe ». Iyi ndirimbo akaba yarayigeneye guhumuriza abantu bari mu bibazo ,akabizeza ko Imana ibari hafi kandi izabatabara mu bibazo byabo.
Comedy night groupe mu kiganiro n’umunyamakuru w’IGIHE TV
Itsinda Comedy Night rigizwe n’ urubyiruko rukora umwuga wo gusetsa. Mu kiganiro n’umunyamakuru w’Igihe TV abagize iri tsinda barasobanura amateka ,imikorere ndetse n’imihigo yaryo.
Comedy Night yatangiye mu mwaka w’2010 itangizwa n’abasore batatu, nyuma y’aho yaje kwaguka igaragara mu bitaramo bitandukanye hirya no hino mu gihugu . Kwibanda ku mikino isetsa(comedy) ,bavuga ko babitewe nuko babonaga mu Rwanda nta bantu bakora uwo mwuga ku buryo bugezweho babagaho bagahitamo kwishyira hamwe ngo bawuteze imbere.
Nubwo abagize iri tsinda ari urubyiruko,babona kuba barabaye ibyamamare bitatuma bareka kubana kivandimwe ngo bahemukirane cyane ko n‘amategeko y’abo abibabuza.Buri umwe mubagize iri tsinda afite impano yihariye . Guhuriza hamwe izo mpano zabo nibyo bituma bageza ku bakunzi babo ibihangano by’umwimerere.
Aba bahanzi bibumbiye muri Comedy Night Group bavuga ko nta gahunda ndende bafite yo kugeza ibihangano byabo mu mahanga ahubwo ko bafite intego yo guteza imbere no kubahisha umwuga wo gusetsa mu Rwanda nk’igihugu cyabo ndetse bakanacisha ubutumwa mu bihangano byabo kugira ngo bahugure rubanda.
Comedy night groupe mu kiganiro n’umunyamakuru w’IGIHE TV (Part 2)
Itsinda Comedy Night rigizwe n’ urubyiruko rukora umwuga wo gusetsa. Mu kiganiro n’umunyamakuru w’Igihe TV abagize iri tsinda barasobanura amateka ,imikorere ndetse n’imihigo yaryo.
Comedy Night yatangiye mu mwaka w’2010 itangizwa n’abasore batatu, nyuma y’aho yaje kwaguka igaragara mu bitaramo bitandukanye hirya no hino mu gihugu . Kwibanda ku mikino isetsa(comedy) ,bavuga ko babitewe nuko babonaga mu Rwanda nta bantu bakora uwo mwuga ku buryo bugezweho babagaho bagahitamo kwishyira hamwe ngo bawuteze imbere.
Nubwo abagize iri tsinda ari urubyiruko,babona kuba barabaye ibyamamare bitatuma bareka kubana kivandimwe ngo bahemukirane cyane ko n‘amategeko y’abo abibabuza.Buri umwe mubagize iri tsinda afite impano yihariye . Guhuriza hamwe izo mpano zabo nibyo bituma bageza ku bakunzi babo ibihangano by’umwimerere.
Aba bahanzi bibumbiye muri Comedy Night Group bavuga ko nta gahunda ndende bafite yo kugeza ibihangano byabo mu mahanga ahubwo ko bafite intego yo guteza imbere no kubahisha umwuga wo gusetsa mu Rwanda nk’igihugu cyabo ndetse bakanacisha ubutumwa mu bihangano byabo kugira ngo bahugure rubanda

Fespad 2013
Rasta Kayaga arimo kuririmba indirimbo ye "Maguru" yakunzwe na benshi cyane yakozwe akiri kumwe n’itsinda baririmbanaga ubu risa n’iryasenyutse rizwi nka Holly Jah Doves. Ni mubirori byo gufungura ku mugaragaro Fespad ku nshuro ya munani wabaye ku cyumweru tariki 24 Gashyantare 2013, wabereye muri Petit Stade i Remera.
Imanzi cultural troupe from Rwanda
Imanzi cultural troupe from Rwanda dancing rwandan dance .
Voices of Rwandan Female Entrepreneurs: The Culture of Entrepreneurship
Rwanda has undergone vast changes after emerging from the upheaval of the 1994 genocide. Consolata provides a candid glimpse into the effects of the genocide on Rwandan society and on the changing role of women in commerce.
In April 2001, female entrepreneurs from war-torn Rwanda gathered in New York for a panel discussion hosted by the Jerome A. Chazen Institute at the Columbia Business School. The event, titled "Doing Business Our Way: Voices of Rwandan Entrepreneurs," featured owners of a landscape firm, a funeral parlor, and a hotel. This clip contains responses in the language of Rwanda (Kinyarwanda) with English translations. Last names of panelists are omitted for privacy.

Le PSG en communion avec ses supporters
Pour sa dernière sortie de la saison à domicile, le Paris Saint-Germain a communié avec le Parc des Princes bien après la fin de la rencontre face à Brest (3-1), devenue anecdotique. Les joueurs ont chacun récupéré leur trophée Hexagoal individuel sur la pelouse et adressé chacun, à leur manière, un message aux supporters. Un show à l’américaine!
Le coup de sifflet final de la rencontre face à Brest (3-1) était loin de marquer la fin des festivités au Parc des Princes. Un feu d’artifice et un jeu de lumières ont permis aux supporters de patienter le temps que les joueurs reviennent sur la pelouse récupérer leur trophée. Jets de flamme à la sortie du tunnel en arrivant sur la pelouse, haie d’honneur des anciens champions de 1986 et 1994, rien n’est laissé au hasard.
Beckham rend hommage au PSG
Les joueurs étrangers ne sont pas en reste. Lucas Moura s’est essayé à un «Paris est magique», tandis que Thiago Silva remerciait son président Nasser Al-Khelaïfi. Pour ce qui pourrait être le dernier match de sa carrière, s’il venait à être remplaçant dimanche prochain à Lorient, David Beckham a eu un mot pour les supporters : «Merci à tout le monde à Paris, c’est très spécial de finir ma carrière ici avec ces fans magnifiques.»
Le retour des joueurs sur la pelouse, un à un, a permis de mesurer la cote de popularité des Parisiens auprès du public de la capitale. A ce jeu-là, sans surprise Sakho, Matuidi mais surtout Ibra, Beckham et Silva ont fait trembler les fondations du jardin parisien.
Rayon Sports igiye gufashwa n’ikipe yo mu Budage
Ikipe yo mu Ubudage yitwa FC Augsbourg, yemereye Rayon Sports FC ko izajya iyiha imifungo ine itandukanye y’imyamabaro yo gukinana, imipira ijana yo gukina, kohereza abakinnyi mu Budage mu igeragezwa, n’ibindi bikoresho byifashihwa mu myitozo.
Ibi byabaye ubwo Perezida wa Rayon Sports, akaba n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah yari mu ruzinduko rw’akazi ka Leta mu Budage, akanaboneraho kuganira n’ikipe ya FC Augsbourg ku gufasha Rayon Sports FC.
Murenzi ngo yavuye mu Budage yemeranije na Augsbourg ko buri mwaka Rayon izajya ihabwa ibiyifasha nk’uko Umunyamabanga Mukuru wa Rayon Sports, Gakwaya Olivier yabitangarije IGIHE.
Gakwaya yagize ati “Uretse kuba Augsbourg yaratwemereye kujya iduha buri mwaka imyambaro, imipira yo gukina n’ibikoreshwa mu myitozo, twanemeranijwe ko Rayon izajya yohereza abakinnyi babiri buri mwaka mu igeragezwa muri Augsbourg.”
Ikindi ni uko ngo nyuma ya Shampiyona yo mu Budage, hagati y’aya makipe yombi hazanigwa ku mafaranga Rayon Sports izajya igenerwa buri mwaka, dore ko ngo binateganijwe ko Augsbourg izaza no gukina na Rayon mu Rwanda.
FC Augsbourg ikunze kugaragara mu mikino yo mu kiciro cya kabiri n’icya gatatu cyo muri Shampiyona yo mu Budage.
Alex Ferguson mu kiruhuko cy’izabukuru
Umutoza w’ikipe ya Manchester Alex Ferguson azajya mu kiruhuko cy’izabukuru nyuma y’iyi season. Ferguson ufite imyaka 71 yatoje Manchester United mu gihe cy’imyaka 26 ayihesha ibikombe 15 bya Premier League na 2 bya Champions League.
Umwanzuro wo kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, Sir Alex Ferguson yawufashe nyuma y’igihe kinini abyigaho ariko ntabishyire mu bikorwa. Yagize ati:” Kujya mu kiruhuko cy’izabukuru nabitekerejeho kenshi ariko sinabifatira umwanzuro; iki nicyo gihe ngo mbishyire mu ngiro.”
Alex Ferguson n’ubwo agiye mu kiruhuko cy’izabukuru azakomeza imirimo ye y’ubuyobozi n’ubwambassaderi mu ikipe ya Manchester United,kuri we abona yasezeye ikipe ye mu buryo bwiza kandi bwiyubashye.
Umukinnyi Michael Owen afata nk’icyubahiro kuba yarigeze gutozwa na Ferguson ;yanditse kurubuga rwe rwa Twitter ati” Manchester itagira Ferguson nta kigenda!”
Naho Louis Saha ukinira ikipe y’ubufransa akaba yaratojwe na Ferguson ubwo yakiniraga Manchester kuva muri 2004 kugeza 2008 yagize ati:” Ferguson aragiye, nizere ko amerewe neza. Ni we mugabo nyawe nabonye mu buzima nyuma ya data umbyara. ”Agereranya Ferguson nk’ikigirwamana cy’umupira w’amaguru.
Ikipe ya Manchester United ntiratangaza kugeza ubu uzasimbura Ferguson gusa David Moyes utoza ikipe ya Everton niwe uri guhabwa amahirwe n’abantu benshi yo kumusimbura. Mu bandi bari guhabwa amahirwe yo kumusimbura harimo Jose Mourinho uri gutoza ikipe ya Real Madrid .
Umukino wa nyuma Alex Ferguson azatoza uzahuza ikipe ya Manchester na West Bromwich uzaba tariki 19 Gicurasi.
Umupira w’amaguru mu guteza imbere ubumwe n’ubwiyunge.
Ikipe y’u Rwanda “Amavubi” ni kimwe mu bintu bitanga ikizere cy’ubwiyunge mu banyarwanda .Muri aya mashusho;Leandre Bizagwira wahoze ari kapiteni w’iyi kipe,aratanga ubuhamya bw’intsinzi y’amavubi yo ku wa 06 Nyakanga 2003.Uwahoze ari umutoza w’iyi kipeRatomir DUJKOVIC arasobanura akazi yakoreye amavubi. Naho Celestin MUSABYIMANA wahoze ayobora FERWAFA akavuga ko gukinira hamwe no gutsinda birandura burundu ivanguramoko.
Menya byinshi ku mukino wa GOLF mu Rwanda
Golf ni umukino wihariye haba mu mikinire ndetse n’amategeko awugenga .Benshi bakunze kutawitabira kuko babona ari umukino udashyushye nk’iyindi basanzwe bazi,kandi ukunze gukinwa n’abakire gusa.
IGIHE TV yegereye umukinnyi ndetese akaba n’impuguke uzwi cyane mu Rwanda Emmanuel Ruterana maze asobanura birambuye uko uwo mukino ukinwa. Ashishikariza kandi banyarwanda gukina uwo mukino kuko uhendutse mu Rwanda ugereranyije no mu bindi bihugu . Agereranya u Rwanda n’ibindi buhugu muri golf agasanga nta huriro kuko mu gihe gukina golf mu bihugu byo mu Burayi n’Amerika bisaba byibuze amadorali y’Amerika ibihumbi cumi na bibiri, mu Rwanda bisaba amadorali Magana atandatu gusa ku mwaka.
Umukinnyi Suarez yahanwe nyumaYo kuruma Ivanovic
Umukinnyi Suarez yaciwe amande n’ikipe ya Liverpool nyuma y’aho arumye Ivanovic ejo hashize mu mukino wahuzaga Liverpool na Chelsea .
Ikipe ya Liverpool ikaba yamuciye amande akazahabwa imiryango 96 y’abafana bayo bazize impanuka muri1986. Nyuma yo gukora aya marorerwa Suarez yasabye imbabazi ku rubuga rwe rwa Twitter ariko ntibyabujije umuyobozi wa Liverpool Ian Ayre gutangaza ko nimyitwarire ye idakwiriye umukinnyi wa Liverpool. Akaba avuga ko Suarez yaciye intege abafana be ndetse n’abakunzi ba Liverpool muri rusange.
Si ubwa mbere uyu mukinnyi ukomoka mu gihugu cya Uruguay ahanwe kubera kurumana kuko no mu Gushyingo 2010 yahagaritswe mu mikino irindwi ubwo yarumaga umukinnyi Otman Bakkal wo mu ikipe ya PSV Eindhoven ubwo bakiniraga kuri sitade ya Ajax Amsterdam.
CAN 2013 - Tunisia 1—0 Algeria
Résumé de la rencontre de la CAN 2013 dont le match oppose la Tunisia a Algeria. cette rencontre a mit fin avec le score de 1 but pour la Tunisie et 0 du cote de l’Algerie
CAN 2013 - Ivory Coast 2—1 Togo
Résumé de la rencontre de l’une 1ere journée de la CAN entre la Cote d’Ivoire et le Togo.














