<<@ntirenganyabahati-oo7xh
says :
Ariko mwagiye mureka kubeshya abantu koko ejo mutazarimbuka muzize kunangira imitima kwanyu!
>>
<<@NSHIMIYIMANAvalens-s7s
says :
BM yakomeje kuba isugi .Ese wabyarana n'Imana ukongera ukabyarana numuntu. Ntakinanira Imana
>>
<<@AnicetNiyomukunzi-s6w
says :
Noneho kuba yoba yaravyaye abandi canke atabavyaye ntibikuraho ko ari nyaguhimbazwa
>>
<<@AnicetNiyomukunzi-s6w
says :
Nimba Koko yezu kristu Ari imana yigize umuntu ntawavyaye imana hama imana ngo iheze yemere gukwirikirwa rero ndibaza ko atawundi muntu yavyaye
>>
<<@UmuhozaYvry
says :
Mu izina rya Kristu Umwami ,ndimbuye ububasha bwose buri mu mashusho ,buri mubyo wavuze, nzohereje gupfukama munsi y'umusaraba Kristu Umwami yabambweho,❤ Roho yawe ndayibihoye mu izina rya Kristu Yezu .Mbitegetse mu izina rya Kristu Yezu.
>>
<<@UmuhozaYvry
says :
Icyaka2 uwo uvuga ni Mayimuna Urebe neza Nyina wa Jambo ntago ajya yerekana amabere ye ,wowe munyamakuru sekibi zaguciyemo ngo uzamamaze uwo mayimuna wazo
>>
<<@UmuhozaYvry
says :
Bikira Mariya si Nyina wa yesu kuko yesu uwo yesu ni shitani yafashe copy ya Yezu yabambwe igihe Kristu abambwa bityo ngo izayobye abantu bayisenge baziko basenga Kristu Umwami nibyo rero Yezu Kristu yavuze ngo bamwe bazaza bavuga ngo twaragukoreye Mwami,twirukanye roho mbi.....abasubize ATI "Sinigeze mbamenya mwa nkozi z'ikibi mwe.
>>
<<@manzidamascus6290
says :
Maliya nyina wa Yesu kristo yabyaye abandi bana nyuma yo kubyara Yesu Bikiramaliya kiliziya yigisha si nyina wa Yesu kristo ahubwo ni ikigirwamana kazi kko bahakana ibyo bible ivuga Ikindi uwo kiliziya yigisha ni umugabekazi w, ijuru ndetse bavugako yajyanywe mu ijuru iki ni ikinyoma kibi
>>
<<@alicenahimana82
says :
Ijambo UMUVANDIMWE MURI BIBILIYA RIFITE IBISOBANURO BYINSHI: mu kinyarwanda abana bo kwa Data wacu ni abavandimwe banjye, ni bakuru banjye, barumuna banjye na bashiki banjye (Intangiriro 13,8; 14,16; 29,15; Ga 1,19, n'ahandi). Ikindi kandi hari ubuvandimwe dusanga muri Bibiliya bw'abahuje ukwemera. Urugero: Pawulo avuga ko Yezu amaze kuzuka yabonekeye abavandimwe magana atanu icyarimwe (1 Abanyakorinti 15, 6). Bibaye rero ko ijambo "abavandimwe" risobanura gusa kuvukana ku mubiri, Bikira Mariya ntiyari kubyara abana bangana batyo. Kandi nta na hamwe muri Bibiliya batubwira ko Bikira Mariya yabyaye abandi bana ku bw'umubiri. Icyanyuma twasesengura ku buvandimwe ni iki: ubusanzwe mu muco wa kiyahudi, abana b'abahungu babaga bafite inshingano yo kwita kuri ba Nyina cyane cyane iyo umubyeyi yabaga asigaye wenyine. None se kuki ku musaraba Yezu yaraze Nyina Yohani, mwene Zebedeyi ? (Yohani 19,26). Iyo Yezu aza kuba afite bene nyina, ntiyari kwica umuco ngo yemere ko Nyina atwarwa n'uw'ahandi kandi hari abo bava inda imwe.
>>
<<@alicenahimana82
says :
KU KIBAZO CY'ABAVANDIMWE BA YEZU (YAKOBO, YOZEFU, SIMONI, YUDA NA BASHIKI BA YEZU). Abo bavugwa nk'abavandimwe ba Yezu ni bene wabo na Yezu, ntabwo ari abandi bana ba Bikira Mariya. Ni abana b'undi Mariya wabyaye Yakobo na Yozefu (Matayo 27,56). Uwo Yakobo ni umwana wa Alufeyi (Matayo 10,3). Izina Alufeyi rigasobanurwa kandi Kilopa (Cleopas). Munsi y'umusaraba hakaba hari uwo Mariya wundi muka Kilopa nyina wabo na Yezu (Yohani 19,25), wabyaye uwo Yakobo umuvandimwe wa Yezu, kuko twabonye ko Yakobo ari umwana wa Alufeyi (Kilopa).
>>
<<@alicenahimana82
says :
Ni byiza ko uwakoze iyi nkuru yakoze ubushakashatsi, ariko yakomeza no gukora ubushakashatsi kuri ibi bikurikira: KU KIBAZO CY'IMFURA YA BIKIRA MARIYA: Abahanga mu bya Bibiliya badusobanurira ko mu muco w'Abayahudi umwana w'umuhungu wavukaga ari imfura, hari ibintu byihariye bagombaga kumukorera akivuka nk'uko byari biteganyijwe mu itegeko rya Musa. Iri tegeko riteganyanya ko abana b'abahungu b'imfura ari aba Nyagasani. Bagombaga kwegurirwa Imana cyangwa bagatangirwa incungu (Iyimukamisiri 13, 1.12-13). Ngiyo rero impamvu Bibiliya itahwemye kugaragaza ko uburenganzira n'inshingano ababyeyi (Yezu na Mariya) bari bafite kuri Yezu wavutse ari imfura. Kandi tuzi neza ko kuvuka uri imfura biterekana ko byanze bikunze ugomba gukurikirwa.
>>
<<@BERNSONLTD
says :
Urwego izo mpaka zaahyizweho ni ikintu cyerekana ko Mariya ari Umugore w'Ibyihariye no gukomeza kuba isugi bifite ishingiro runaka. Ese atbaye isugi bikuraho kuba Umugore wahebuje ababyawe Bose umugisha wo kuvukwaho n'Umwana w'Imana! Na Mama wa Perezida uwo ariwe wese aba akaze nkaswe Mama w'Umwami w'Abizera Umuremyi Bose! Rata niba umwemera cg umwiyambaza ngo agusabire icyo wifuza ku Mwana we komereza aho kuko gusaba ufashijwe n'abegereye uwo usaba biruta kubyifasha! Cyakora niba wumva wanafashwa n'umugore wundi usanzwe muziranye nabyo ntacyo icyangombwa ni ugusaba no gufashanya gusaba twese tukibonera ibyo tutari dushoboye kwigezaho!
>>
<<@WernerDavid-p3e
says :
Ese Imana yaguhesha umugisha wo kuyi twita ukanayibyara ,ukaba ikifuza ibyisi,nta wakunda umwana adakunda nyina,nidukunde Yezu na Mariya
>>
<<@WernerDavid-p3e
says :
Ndakuramutsa Mariya wuje inema uhorana n'Imana ,wahebuje abagore bose umugisha na Yezu umwana wabyaye arasingizwa ,Mariya mutagatifu mubyeyi w' Imana urajye udusabira twe abanyabyaha kuri ubu n'igihe tuzapfira
>>
<<@mkingtv1
says :
Kuba isugi siby'umubiri
>>
<<@Is-yq5ef
says :
Yozefu yari afite abana nibyo ari umupfakare ariko marayika yaramubwiye ngo Murongore kuko inda afite ari iy'umuwuka wera. Bivuze ngo yozefu yahise arongora Mariya. Ubwo se urinde wo kuvugako yamurongoraga agakomeza kuba isugi Kandi arongorwa
>>
<<@KomerusengeAthanase-fp8hk
says :
Urakoze cyane kuri iki kiganiro. Wagerageje gushakisha i buryo n'ibumoso, uduha amakuru atabogamye. Uranyemerera ngire igitekerezo ntanga kandi n'abakurikira iki kiganiro ntibumve ko nabogamye. Dore icyo mbivugaho, ku buryo bw'ikibazo: " Ari ukuba umukobwa w'isugi yasama inda, akabyara nta mugabo babonanye, no kuba umugabo yabana n'umugore wabengutswe n' Imana, ntiyigere amwegera, igikomeye ni ikihe? Reka nsubize: Igikomeye ni ukuba umukobwa w'isugi yasama inda akabyara nta mugabo babonanye. Bityo rero imbaraga zatumye abyara kuri ubwo buryo, ntizabura no gufasha Yosefu kumuha icyubahiro ngo yumve ko babana kandi ntamwegere. Ikindi kandi, burya byose ni mumutwe. Sinumva ukuntu umugabo yamenya amakuru nk'ayo ku mukobwa yasabye ngo abure guhinduka mu bitekerezo. Cyane ko banatubwira ko Yozefu yari umuntu w'intungane, ndetse ku buryo na mbere yo kumenya uko byagenze, yigiriye inama yo kumusezererera atamuteje urubwa. Icyo ndangirizaho. Hari abagabo benshi nzi bashobora kumara igihe kinini bari kumwe n'abagore babo cg b'abandi ntibabagere. Ikindi bashiki bacu ntitubana, bagashaka, bakaza kudusura, tugafatanya kurera abishywa nta kibazo?. Byose biterwa n'icyo washyize mu mutwe ndetse n'ingabire y'Imana.
>>
<<@emtvshow-1
says :
Ariko urasekeje Koko...none se ubusugi bwa Mariya budifashe iki? Ahubwo ikibazo wowe ubaye ukiri isugi ungana gutyo byaba Ari ikibazo? Cyinkomoko yawe nabo ukomokaho..tubwire ibyawe...😂😂😂
>>
<<@niyonambazamodeste9645
says :
Mureke kwibaza kubusugi bwa Bikiramariya mubisanishe nirari rya muntu , niba Bikiramariya yaragizwe umutoni ku Imana nigute uhakanako atabana na yozefu murugo ntibabonane? Bikiramariya ni umugeni wa roho mutagatifu si umugeni wa yozefu ahubwo yozefu niwe wari uhagarariye urugo muburyo bwumuco wabanya Israel arko Imana niyo yari ifite umugambi wo kuzanyuza muri Bikiramariya umukiza wabantu ariwe Yezu kristu, niba rero wemerako Yezu Ari umwana w'Imana nuko Aho yanyuze Ari ahatagatifu irembo yanyuzemo ntabwo ryavogerwa niyompamvu yakomeje kuba isugi mbere Yuko abyara Yezu mugihe amubyara na nyuma yo kumubyara utabyumva nubundi yaba adaha agaciro igikorwa Imana yashatse gukora yigaragariza muntu , kuki muyiyimvisha ko Imana yabwiyenmalayika ngo abwire Bikiramariya ko Ari umutoni ku Mana kuki ntawundi wigexe kuba uwatonnye ku Mana nuko yari yaramuteguye kera na kare, rero kuvugako yabyaye abandi bana nukuba utazi umuco wa Israel icyambere nukumenya muricyo gihe umuco waho warumeze gute? Kuki c Yezu wabwiye Mariya ngo dore umwana wawe abibwira yohani?
>>
<<@nshimyumuremyijoseph9192
says :
Ubwo xe Joseph yari Atunze María nkivaze
>>
<<@nshimyumuremyijoseph9192
says :
Gusa Kuba Nta Kizamini cya Science cyabayeho NGO bapime ubusugi BWA Maria biragoye kubwemera cg guhakana
>>
<<@nshimyumuremyijoseph9192
says :
Gusa Kuba Nta Kizamini cya Science cyabayeho NGO bapime ubusugi BWA Maria biragoye kubwemera cg guhakana
>>
<<@nshimyumuremyijoseph9192
says :
Ntiyakomeje Kuba isugi Kuko Yesu Afite Barumina be bavutse Muburyo BWA Biology
>>
<<@bayizere2000
says :
Isugi niki . Guca ubusugi niki .
>>
<<@LaurenceTUYISHIMIRE
says :
Yarigukome Kuba isugi gutec Kdi yarabyaye abandobana Murumva yozefu yarikubaho abana namariya arimanzi undi arisugi? Ikindi nibamusoma bible neza marayika yabwiye yozefu ati murongore
>>
<<@omnia6828
says :
Dushyize muri logic ntabwo Yohana yari gutinyuka kuryamana na Mariya nyuma yo kubona igitangaza cyabereye mu mubiri we cyo gutwita Umwana w' Imana
>>
<<@nafutalimanzi1350
says :
Nubwo yaba yarakomeje kuba isugi ntanahamwe yigeze asaba kumusenga cg kunyuza amasengesho yacu kuriwe Ababizanye bifite aho bihurizwa nimana zabapagani nka (abanyamisiri) ku bwinyungu zaba rooma! Niyo mpamvu abantu benshi bateshutse bakava kuri bibiliya kubera ayo manyanga ya Catholic!
>>
<<@VincentHAGENIMANA-r2w
says :
Ubwo rero niba Mariya yarakomeje kuba isugi bivuze ko na Yozefu nawe yakomeje kuba imanzi!! Ariko ukibaza ukuntu gakomeje kubana hagati yabo igihe Yesu yari amaze kuvuka ndetse n'igihe yari atangiye umurimo we wo kwigisha,Mariya na Yozefu bakomeje kubana. Babanye nka bashiki na basaza?? Aho sumbyumva habe na Gato👂👂
>>
<<@EAZYBOYCOMMEDIANOFFICIAL2025
says :
Igihe❤❤❤❤❤❤❤
>>
NEXT VIDEO
>>