Abanyeshuri badashobora no gusoma?|| Ibitabo barabihishwa || Ingaruka zizamara imyaka 20
Abanyeshuri badashobora no gusoma?|| Ibitabo barabihishwa || Ingaruka zizamara imyaka 20
Advertisement

LEAVE YOUR COMMENT

YOUTUBE COMMENTS

@MukankusiEpiphanie-r4l Says:
Abanyeshuri benshi bangiza ibitabo (kubica no kubifunikisha amakayi yabo....)iyo babitijwe , nkabonako ari uko baba batazi gusoma ; ariko abanyeshuri b' abahanga bo barabyiba kuko baba bazi akamaro kabyo.. Niba ibitabo bihora mu bubiko haba hari impamvu zimvikana kuko hari uwo byazwa .Mbese kwihutira kwimura abanyeshuri bakarundwa mu myaka yo hejuru nta kintu bazi ntibyaba birutwa no kongera ibyumba byo mumwaka wambere ariko abanyeshuri bakazamuka neza mukumva ibyo bigishwa ? Kudasobanukirwa ibyigishwa nihahandi umunyeshuri arwana no gukopera ugasanga ashaka kugira amanota kungufu igihe azaba yasobanukiwe akamaro k' amanota ! Ese amashuri abanza ntiyagombye kugira ibyumba by' amasomero buri munyeshuri yagombye kwibonamo ? Cyane cyane ko abenshi iwabo mungo batajya basoma ? Biriya bitabo by' Ibyongereza kuva P1_P6 amasomo arimo ya Sounds and Spellings n' ibindi bigendanye nayo byagombye gukorerwa ubugororangingo, kandi agahabwa igihe gihagije.Nitwa Mukankusi Epiphanie (0786377465) niteguye gutanga inyunganizi kubigendanye no gutegura Imyigire n' Imyigishirize ya Sounds and Spellings.Nigute umunyeshuri yamenya skills zigendanye na English Language atazi n'Inyuguti y'icyongereza nkanswe Sounds and Spellings hamwe n' izindi Features zigize ururimi rw'Icyongereza ?
@ntirenganyajeanclement9764 Says:
None ko ICT tuyikora theory Kandi Ari practical? Muri education harimo inequality iteye ubwoba. Erega Byose bipfira ko mwarimu agihembwa intica ntikize pe! Ariko Ubu waba ufite famille ugomba gutunga,baguhemba 120k Wayakoza iki koko?
@iteddyofficial Says:
Nukuri rwose mwikosorr amasomero (Library) muduha ashimutwa nabarimu bivuze ngo umunyeshuri yagenewe ntago abasha kujya gusoma 😢😢
@ahishubijedieudonne1463 Says:
Ibi bintu biteye ubwoba n'agahinda nyamara sinzi aho tuganisha abana bacu ku mikorere ihagaze itya!😢
@hhhh-gr2ih Says:
Library mubigo ziba zimeze nkizirimo zahabu,ntikingurwa abana ntibajyamo,ntawatizwa igitabo ngo agicyure akigiremo murugo mbese ibitabo uba wagirango bihunitswe ngo bizabyare ibindi.
@IrasubizaAlbert-u8v Says:
Nukuri nibabirebeho pe ibaze ko ejobundi abana bakoze ikizamini cya ict practical bakajyikora nka theory ubwo se urumv Ari uburezi kk?

More News Videos